Sign in
Sport

Rayon Sports yegukanye Rayon Day 2026 itsinze Gor Mahia, abakinnyi bashya batanga icyizere mbere ya CECAFA Kagame Cup

18 July 2026 · 2 min read
28 d ago
11 views
Rayon Sports yegukanye Rayon Day 2026 itsinze Gor Mahia, abakinnyi bashya batanga icyizere mbere ya CECAFA Kagame Cup

Rayon Sports yasoje Umunsi w'Igikundiro (Rayon Day 2026) yishimye nyuma yo gutsinda Gor Mahia FC yo muri Kenya ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, aho abakinnyi bashya berekanye ko bashobora kuba inkingi za mwamba z'iyi kipe mu mwaka w'imikino wa 2026/27. Uyu mukino wari utegerejwe cyane nyuma y'igikorwa cyo kumurika ikipe nshya ya Rayon Sports, wabereye imbere y'ibihumbi by'abafana buzuye Kigali Pelé Stadium. Rayon Sports yatangiye umukino isatira cyane, ndetse ku munota wa kane Boris Gbenou ateye ishoti rikomeye rikubita umutambiko w'izamu. Mu minota yakurikiye…

ho amakipe yombi yakomeje gushakisha uburyo bwo kubona igitego, ariko amahirwe menshi ntiyabyazwa umusaruro. Igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 45+3, ubwo Antonio Atisso Kodjo ukomoka muri Bénin yatsindaga nyuma yo guhabwa umupira na Nizeyimana Mubarak, umunyezamu wa Gor Mahia agakoramo ikosa. Mu gice cya kabiri, umutoza Francis Haringingo yakoze impinduka nyinshi agamije guha amahirwe abakinnyi bashya. Muhoza Daniel, Junior Kameni, Nkundimana Fabio na bagenzi babo bagaragaje ubushake n'imbaraga, bituma Rayon Sports ikomeza kuyobora umukino. Ku munota wa 90+4, Junior Kameni ukomoka muri Cameroun yacenze ba myugariro ba Gor Mahia maze aha umupira mwiza Ndikumana Fabio, atsinda igitego cya kabiri cyashimangiye intsinzi ya Gikundiro. Nyuma y'umukino, Rayon Sports yashyikirijwe Igikombe cya Rayon Day 2026, kiba ari ubwa mbere yongeye kugitwara nyuma y'imyaka itandatu idatsinda umukino wa Rayon Day. Mu bakinnyi bashya bishimiwe cyane harimo myugariro Charles Tchouplaou ukomoka muri Tchad, Atisso Kodjo watsinze igitego, Issa Djiguiba ukomoka muri Mali, ndetse na rutahizamu muto Muhoza Daniel werekanye impano ishobora kuzafasha ikipe mu myaka iri imbere. Nubwo ari umukino wa gicuti, Rayon Sports yatanze ubutumwa bukomeye ko yiyubatse neza mbere y'amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup 2026 azabera i Kigali. Biteganyijwe ko izatangira irushanwa ihura na KVZ FC yo muri Zanzibar tariki ya 26 Nyakanga 2026 kuri Stade Amahoro.

#Sport
About the author

The author's name and contact details are members-only.

Sign inCreate account

Les articles publiés par les utilisateurs engagent uniquement leurs auteurs. YEGOB n’est pas responsable des opinions, informations ou contenus publiés par les utilisateurs. Si un contenu porte atteinte à vos droits ou enfreint la loi, contactez-nous : nous l’examinerons et, si nécessaire, le supprimerons dans les meilleurs délais.

Commentaires 0

Connecte-toi to leave a comment.

No comments yet. Be the first.

Latest news