Sign in

YEGOBNews from Rwanda, Africa and the world

Today's feed

Latest news

17 July 2026
ISIMBI

Umwihariko wa Album ya Bosco Nshuti agiye kumurika

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Nshuti Bosco agiye kumurika Album ya gatanu azafatanya no gukora 'live recording' ya Album ya 6. Kumurika uyu muzingo w'indirimbo (Album Launch) bizaba ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026 muri Serena Hotel. Mu gutera amatsiko abakunzi be, yirinze kuvuga izina rya Album ya 5 baziramenya bahageze. Ati "Izina rirahari, ariko abantu bazaza mu gitaramo bazataha barimenye." Yakomeje avuga ko kimwe mu bintu abantu bagomba kwitega muri (…) - Iyobokamana / Latestnews

ISIMBI

Nadine Nana yambitswe impeta nk'umukunzi we uba hanze y'u Rwanda (AMAFOTO)

Umukinnyi wa Filime, Nadine Nana yambitswe impeta y'urukundo n'umusore bari bamaze igihe bakundana nawe arabyemera. Uyu mukobwa wamenyekanye muri sinema nyarwanda nka Nadine yifashishije urukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram mu kwerekana imbamutima ze nyuma y'iyi ntambwe idasanzwe ateye mu buzima bwe. Mu butumwa yaherekesheje amafoto yafashwe ubwo yambikwaga iyi mpeta tariki ya 15 Nyakanga 2026, Nana yagize ati “Dore umugabo w'iteka ryose roho yange yari imaze igihe itegereje.” Uyu (…) - Imyidagaduro / Latestnews

ISIMBI

Rayon Sports yasinyanye n'umuterankunga uzishyura arenga miliyari 5 Frw

Rayon Sports yamaze gusinyana n'umuterankunga mushya, BK amasezerano y'imyaka itanu n'igice ifite agaciro k'arenga miliyari 5 Frw. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2026 nibwo impande zombi zatangaje ku mugaragaro iyi mikoranire yari imaze amezi 6 aho iyi Banki ya Kigali yari imaze kwishyura miliyoni 170 Frw, yayishyuye mu mwaka w'imikino ushize. Perezida wa Rayon Sports Murenzi Abdallah yagize ati “Ubufatanye tugiye kugirana ni ubufatanye bugiye guhindura ubuzima bw'amikoro muri (…) - Siporo / Latestnews

UMUSEKE

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge na ‘vibes’ zidafite umusingi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, avuga ko n’ubwo ababikoresha babihisha, amaherezo ingaruka zabyo zigaragara kuko bibanza kwangiza ababikoresha mbere yo kwangiza sosiyete muri rusange. Yanarushishikarije kutirukira mu “vibes” cyangwa kwishimisha gusa, ahubwo rukubaka ubuzima bufite umusingi uhamye. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2026, mu Nama ya Biro […]