Sign in

YEGOBNews from Rwanda, Africa and the world

Today's feed

Latest news

20 July 2026
ISIMBI

Nanjye ubwanjye ndumva mfite amatsiko - Tracy ku gitaramo agiye gukorana n'umugabo we

Umuramyi Agasaro Tracy yavuze ko na we afite amatsiko yo kuzareba ibizabera mu gitaramo cyo guhimbaza Imana 'In Christ Now' yitegura gukorana n'umugabo we, René Patrick. Ni igitaramo kizabera muri Camp Kigali ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026. Ubwo baganiraga n'itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, Tracy yavuze ko na we afite amatsiko y'iki gitaramo. Ati "Ndumva nanjye ubwanjye mfite amatsiko y'ibyo Imana igiye gukora muri uku guhimbaza." Agaruka ku (…) - Iyobokamana / Latestnews

ISIMBI

Meddy yishimiye bikomeye itaha amara masa rya Messi

Umuhanzi Nyarwanda. Ngabo Medard uzwi nka Meddy yishimiye bikomeye kuba Argentine ya Lionel Messi itaratwaye igikombe cy'Isi. Mu ijoro ryakeye nibwo habaye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 2026 aho cyegukanywe na Espagné itsinze Argentine 1-0. Gusa nubwo Argentine yabuze igikombe, izina ryagiye rigarukwaho cyane ni Lionel Messi kapiteni wayo ushobora kuba yakinaga Igikombe cy'Isi cye cya nyuma. Abakunzi be bavugaga ko ntacyo atabahaye mu gihe abakunzi ba Cristiano Ronaldo (…) - Imyidagaduro / Latestnews

ISIMBI

AMAFOTO: Madou Zon yatangiye imyitozo muri APR FC

Myugariro mushya wa APR FC ukomoka muri Burkina Faso, Madou Zon yatangiye imyitozo yitegura CECAFA Kagame Cup izatangira mu mpera z'iki cyumweru. Ni nyuma y'uko tariki 8 Nyakanga 2026 APR FC yatangaje ko yamaze gusinyisha Madou zon wakiniraga TP mazembe muri DR Congo. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, nyuma y'ikiruhuko yari yarahawe yatangiye imyitozo muri APR FC. Uyu mukinnyi ukina yugarira yamaze gutangira imyitozo yitegura umwaka mushya w'imikino 2026/2027, umwaka urimo (…) - Siporo / Latestnews

ISIMBI

Mukura yemeje ko yatandukanye n'umutoza itaramutangaza

Mukura VS yemeje ko yamaze gutandukana n'umutoza Tomáš Trucha mu gihe yari itaramutanganza. Ejo hashize ku Cyumweru nibwo uyu mutoza ukomoka muri Repubulika ya Tchèque yageze i Kigali ndetse yakirwa na Mukura VS aho yari aje gutoza iyi kipe. Impande zombi zikaba zari zumvikane ko agiye kuyitoza mu gihe cy'imyaka ibiri ariko yari itaramutangaza nk'umutoza wayo. Iyi kipe yo mu Karere ka Huye, ikaba yatunguranye ivuga ko impande zombi zumvikanye gutandukana. Mu itangazo yashyize hanze (…) - Siporo / Latestnews