Sign in
Rwanda

Twinjirane mu itsinda C : CECAFA Kagame Cup 2026: Rayon Sports na Al Hilal SC batangiranye intsinzi mu Itsinda C

26 July 2026 · 1 min read
20 d ago
21 views
Twinjirane mu itsinda C : CECAFA Kagame Cup 2026: Rayon Sports na Al Hilal SC batangiranye intsinzi mu Itsinda C

Rayon Sports yo mu Rwanda na Al Hilal SC yo muri Sudani zatangiye neza imikino y'Itsinda C mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma yo gutsinda imikino yazo ya mbere zose ku bitego 2-0.

Mu mukino wabanje wabereye kuri Stade Amahoro, Al Hilal SC yatsinze Tusker FC yo muri Kenya ibitego 2-0. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Kamaradini Mamudu ku munota wa 29, nyuma yo kubyaza umusaruro uburyo bwiza bwabonetse imbere y'izamu.

Tusker FC yakomeje gushaka uko yakwishyura, ariko uburyo bwabonetse burimo imipira y'imiterekano ya kapiteni Aboud Omar bwose bwakuwemo n'umunyezamu wa Al Hilal, Soufiane …

Farid Quedraogo.

Mu minota y'inyongera, umusimbura Salim Adams yashimangiye intsinzi ya Al Hilal atsinda igitego cya kabiri, bituma ikipe ye itahana amanota atatu.

Umutoza wa Al Hilal SC, Guy Bukasa Misakabu, yavuze ko yishimiye intsinzi y'ikipe ye, nubwo abakinnyi be bataragera ku rwego rwiza rw'imbaraga nyuma y'ikiruhuko gito bari bavuyeho. Mu mukino wa kabiri, Rayon Sports FC yahuye na KVZ FC yo muri Zanzibar. Nubwo KVZ FC yagerageje gukina yitwara neza mu gice cya mbere, Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka igitego cyo gufungura amazamu.

Ku munota wa 67, Rayon Sports yabonye penaliti nyuma y'uko myugariro wa KVZ FC akoreye ikosa mu rubuga rw'amahina. Junior Herman Kameni, wari winjiye asimbuye, yayiteye neza atsinda igitego cya mbere.

Rayon Sports yakomeje gusatira maze ku munota wa 80, Daniel Muhoza atsinda igitego cya kabiri cyashimangiye intsinzi ya Gikundiro imbere y'abafana bayo.

Nyuma y'iyi mikino, Rayon Sports na Al Hilal SC zinganya amanota atatu n'ibitego bibiri buri imwe, mu gihe Tusker FC na KVZ FC zitangiye irushanwa nta nota zifite.

#Rwanda
About the author

The author's name and contact details are members-only.

Sign inCreate account

Les articles publiés par les utilisateurs engagent uniquement leurs auteurs. YEGOB n’est pas responsable des opinions, informations ou contenus publiés par les utilisateurs. Si un contenu porte atteinte à vos droits ou enfreint la loi, contactez-nous : nous l’examinerons et, si nécessaire, le supprimerons dans les meilleurs délais.

Commentaires 0

Connecte-toi to leave a comment.

No comments yet. Be the first.

Latest news