Icyemezo cya Dortmund gishyize iherezo ku makuru y’urujya n’uruza rwa Schlotterbeck

Borussia Dortmund yongeye kugira ububasha busesuye ku hazaza h’mukinnyi wayo ukina yugarira Nico Schlotterbeck, nyuma y’uko ingingo yo kumurekura yari mu masezerano ye irangiye hagati muri Nyakanga 2026. Ibi bivuze ko amakipe nka Real Madrid, FC Barcelona na Liverpool atagishobora kumusinyisha akoresheje amafaranga yagenwe muri iyo clause. Ubu ikipe yose izifuza uyu myugariro igomba kubanza kugirana ibiganiro na Borussia Dortmund. Nico Schlotterbeck, ufite imyaka 26, ni myugariro ukomoka mu Budage, akaba ari umwe mu bakinnyi bakomeye mu bwugarizi bwa Bundesliga. Yatangiye kumenyekana cyane m…
uri SC Freiburg, ikipe yakiniye mbere yo kwerekeza muri Borussia Dortmund mu 2022. Kuva yagera muri Dortmund, Schlotterbeck yabaye inkingi ikomeye mu bwugarizi bw’iyi kipe kubera imbaraga afite mu guhangana, gukina neza umupira ndetse no gufasha ikipe gutangiza ibitero iturutse inyuma. Uyu mukinnyi kandi ni umwe mu bagize Ikipe y’Igihugu y’u Budage, aho amaze kwerekana ubushobozi bwe ku rwego mpuzamahanga. Dortmund iherutse kongera amasezerano ye kugeza mu 2031, yerekana ko imubonamo umukinnyi w’ingenzi mu mushinga wayo w’igihe kirekire. Nubwo Real Madrid yari imukurikiranye, amakuru avuga ko yagabanyije ubushake bwo kumusinyisha nyuma y’imvune yagize mu Gikombe cy’Isi cya 2026. Kuba clause ye yarangiye ni amahirwe kuri Dortmund, kuko ubu ari yo igenzura neza ejo hazaza h’uyu myugariro w’Ubudage.
Les articles publiés par les utilisateurs engagent uniquement leurs auteurs. YEGOB n’est pas responsable des opinions, informations ou contenus publiés par les utilisateurs. Si un contenu porte atteinte à vos droits ou enfreint la loi, contactez-nous : nous l’examinerons et, si nécessaire, le supprimerons dans les meilleurs délais.





No comments yet. Be the first.